Monday, 6 May 2019

Ngororero: Bafite icyizere cyo kurandura imirire mibi, kubera gutera ibiti by’imbuto!


Abatuye mu murenge wa Nyange Akarere ka Ngororero baravuga ko imwe mu mpamvu zitera ikibazo cy’imirire mibi gikunze kugaragara ku bana babo biterwa no kubura imbuto zo kurya zirimo Avoka n’imyembe kubera ko nta biti by’avoka n’imyembe bagiraga  mu mirima.

Bavuga ko ingemwe bahawe n’ ubuyobozi bw’umurenge wabo z’ibiti by’imbuto ziribwa birimo avoka n’imyembe mu gihe kiri imbere imbuto zizera kuri ibi biti zizabafasha kurandura imirire mibi ikigaragara mu bana babo.
Abaturage n'abayobozi bari gutera ibiti by'imyembe mu mirima
Mukagakuru Anatharie utuye mukagali ka Vuganyana muri uyu murenge wa Nyange , ati “kuba muri uyu murge  ntabiti by’avoka n’imyembe bihari bituma abacuruzi b’imbuto zikomoka kuri ibyo biti bazigurisha ku giciro gihanitse, nta nuwashidikanya ko ibi byaba biri no mu byatumye bamwe mu bana bo muri uyu murenge barahuye n’ikibazo cy’imirire mibi kuko usanga mu miryango myinshi nange nihereyeho ari ingorabahizi kubona amafaranga yo kugurira abana avoka cyangwa imyembe”.

Gashirabake Innocent nawe utuye mu murenge wa Nyange avuga ko kubera ubusharire buri mu butaka bwabo butuma ibiti bateye by’avoka n’imyembe bidakura ndetse nibyagerageje gusa naho bikura bikaba bidatanga umusaruro.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wUmurenge wa Nyange, Mukasano Gaudance nta nyuranya n’ibyo abaturage bavuga, ariko akabizeza ko mu myaka ibiri iri mbere iki kibazo kizaba cyamaze gukemuka.
Ati“ mu ibarura ryakozwe mu mwaka ushize ku bana bari mu mirire mibi bo muri uyu murenge ryagaragaje ko abana 110 bari mu kibazo cy’imirire mibi, ubu wenda navuga ko hakozwe ibishoboka byose aho tugeze ubu muri uyu mwaka wa 2019 abana 20 aribo dusigaranye bari mu kibazo cy’imirire mibi.
Ubusanzwe mu mirima y'abaturage nta biti by'imbuto bagiraga, bigatuma bagira ikibazo cy'imirire mibi
Sinabura kuvuga ko rero uko kuba nta biti by’avoka n’imyembe tugira abaturage bakabaye bakuraho izo mbuto zo guha abana babo na byo byaba biri mu byateje ikibazo cy’imirire mibi mu bana”

Uyu Munyamabanga Nshigwabikorwa w’Umurenge wa Nyange Akomeza avuga ko  ubu muri uyu murenge hatangijwe igikorwa cyo gutera ibiti by’avoka n’imyembe bitanga umusaruro mu gihe kitarambiranye, igikorwa avuga ko batangiye gukora ku bufatanye na Minisiteri y’urubyiruko hamwe n’umushinga wa World Vision, ku buryo hari ikizere cy’uko abaturage batazongera kubura Avoka n’imyembe baha abana babo.

Ku ruhande rwa Minisiteri y’urubyiruko, Umukozi ushinzwe iterambere ry’urubyiruko muri iyi Minisiteri Ngabonziza Benoin avuga ko  iyi Minisiteri yahisemo gukorana n’urubyiruko  rwo muri uyu murenge muri gahunda yo gutera ibiti by’avoka n’imyembe muri buri rugo, hagamijwe ko ikibazo ‘cy’imirire mibi mu bana cyawugaragayemo gikemuka burundu, cyane ko ngo gishobora kuba cyaratewe  n’uko kubura Imbuto.

Ku bufatanye bwa Minisiteri y’Urubyiruko n’umushinga wa World Vision ibiti by’avoka n’imyembe bigera ku 11000 nibyo bimaze guterwa muri uyu murenge mu tugari 4. Iki gikorwa biteganyijwe ko kizakomereza no mu tundi tugari dusigaye.
   (Se)

Sunday, 23 December 2018

Byinshi k’ubucuti abantu bagirana n’inkomoko nyayo yabwo!


Umuhanga « Arsitote » avuga ko ubucuti ari uburinganire bugereranywa n’ubutabera. Buri wese akorera undi ibyiza bingana n’ibyo nawe agirirwa.

Kubera ubucuti abantu bagirana, hashyizweho n’Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana k’ubucuti [Tariki ya 30 Nyakanga buri mwaka]:

Ni igitekerezo cyagizwe na Joyce Hall washinze uruganda Hallmark cards  ruherereye muri Leta zunze ubumwe za Amerika muri Leta ya Kansas, i Missouri, rukaba rwarakoraga amakarita y’iposita (Cartes postales).

Uru ruganda rwahimbye uwo munsi mu rwego rwo gukora uruhererekane rushingiye ku bantu batandukanye ariko bahuriye mu kintu runaka nko gutembera(Social Network), maze bagahuzwa hakoreshejwe itumanaho rikoreshwa n’abantu cyane maze bakajya basuhuzanya.

Bwa mbere  uwo munsi w’ubucuti wizihijwe n’igihugu cya Paraguay cyo muri Amerika y’Amajyepfo mu mwaka 1958 kandi wizihizwa nk’umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana ubucuti. Bitanzwemo igitekerezo na Ramon Artemio Bracho, icyo gihe abawijihije bahuriye I Pueto Pinasco basangira amafunguro ya nijoro.

Uyu munsi waje kandi kwemezwa n’umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 2011 kugirango himakazwe ubucuti hagati y’abantu b’imico itandukanye hagamijwe kwimakaza amahoro mu batuye Isi.

Mu mwanzuro wa Loni 65/275 hagaragaramo gushimangira ko urubyiruko arirwo shingiro ry’abayobozi b’ahazaza b’ibihugu, rugomba kwitabira ibikorwa biteza imbere imico itandukanye hagati y’ibihugu hagamijwe kubaha umwihariko wa buri muco no kwimakaza amahoro.

Abanditsi n’abasesenguzi batandukanye, basobanura ubucuti nk’ubukungu ntagereranywa nyamara bukaba butihagije ubwabwo ahubwo bugomba kuba bwubakiye k’ukuri. Ntabwo bugamje gusa ku kubana neza kw’ abantu, bugomba kurenga bukarangwa no gukorera hamwe ibikorwa byiza.

Ubucuti mu Isi y’ikoranabuhanga !!

Mu gihe hambere haba mu Rwanda ndetse n’ahandi henshi ku Isi ubucuti bwagaragazwaga no gusurana, ari naho havuye umugani ngo « Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge » ;  ubundi bugashimangirwa n’impano zinyuraye, kwandikirana no guhana amakarite postales, abanyarwanda bo bakagerekaho guhana inka no kunywana nk’igihango gisangiza gupfa no gukira, gusa ubu byose byarorohejwe kubera itumanaho rishingiye ku ikoranabuhanga.

Uyu munsi abantu barasurana kuri telefoni, ibintu byose bisigaye byarabaye ikoranabuhanga. Ni ukohererezanya amashusho, amajwi n’amafoto ajyanye n’ubucuti binyuze ku mbuga nkoranyambaga, Twitter, Facebook, Whatsaap, Viber, n’izindi.

Ubu kandi usanga ibintu byarahindutse aho usanga abantu bahurira ku mbuga nkoranyambaga nta muntu uzi undi. Umuntu asaba undi ubucuti kuri Facebook utamuzi, uko bukeye n’uko bwije iyo ukoresha Facebook ukisanga muri Group ya Watsaap utazi inkomoko yayo.

Mbese usanga umuntu mu buzima bw’imbuga nkoranya-mbaga afite inshuti amagana n’amagana nyamara ugasanga ntawe yakwita inshuti nyanshuti.

Gusa ikigaragara ni uko ubucuti bushingiye kuri izi mbuga nkoranyambaga bigenda bwiyongera. Chaine imwe y’amahotel yitwa Mercure  ndetse n’ikigo TNS Sofres kizobereye mu bushakashatsi buzwi nka Sondage, bagaragaza ko nko mu bushinwa 72% by’abakoresha Internet bagira inshuti zo ku mbuga nkoranyambaga bisa nko kugira inshuti batanazi..

Aba bashakashatsi bakerekana ko muri iki gihe usanga ibyo  abantu bita inshuti nyanshuti mu buzima, ushobora gusanga  ari 2% bonyine mubo muhura umunsi ku wundi, 90% muhura mu nzira ntibakumenye ;  naho nka 8% nibo muhura mukongera guhura munzira mukabonana.

Fanny Plateau asobanura ubucuti nko gusangira urushinge cyangwa se ubusabusa (Partage l’epingle).

Ntezimana Jean Claude

Thursday, 2 June 2016

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekanye ikizatuma umwirabura agira agaciro kamukwiriye

Umukuru w’igihug cy’u Rwanda Paul Kagame avuga ko ikizatuma umwirabura wese agira agaciro kandi kamubereye  mu ruhando mpuzamahanga aruko umwirabura we ubwe ahindura imitekerereze ,kandi agaharanira ko agaciro afite atakamburwa.

Asubiza umuntu wari ubajije ikibazo kigira kiti “ Ariko ni hehe kuri uyi si umwirabura ashobora kubaho atekanye? Ni hehe azakura umutuzo? Ni hehe agaciro ke katazashingira ku ibara ry’uruhu rwe?”

Umukuru w’igihugu yasubije ko imyumvire no guharanira agaciro ke nk’umwirabura ari intwaro izatuma yumvikana ku Isi.
Ati “Bigomba kuzahera mu mitekerereze ye, kandi ntiyemeranye n’ibikorwa.”



Ibi bije nyuma yuko  hakunze kugaragara ibibazo by’ubusumbane hagati y’abantu hagendewe ku ruhu cyangwa ibihugu baturukamo ikomeje kuba ingingo yibazwaho na benshi ku Isi, bakemeza ko bidindiza iterambere rya bimwe mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika.

Benshi mu bakuru b’ibihugu ntibemeranya n’uburyo ibihugu bikomeye ku Isi biha agaciro Afurika cyangwa bimwe mu bihugu by’Abarabu.

Urugero ni nka Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip Erdoğan, uri mu ruzinduko rwo kuzenguruka Afurika y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu yavugiye muri Uganda ko Isi idashobora kugendera ku byemezo by’ibihugu bitanu  bikomeye ku Isi gusa, kandi akanama ka Loni gashinzwe umutekano kadashobora gukomeza gutegeka ibyo, ibyo  bihugu bikora n’ibyo bibujijwe.

Yagize ati “Nta munyamuryango uhoraho uva mu bihugu bya Afurika, mu bihugu by’Abayisilamu mu kanama k’umutekano ka Loni, ibi binyuranye n’amahame yose y’ubutabera, nka Turikiya turabyamagana kandi ntidushobora kubyihanganira, ni ko tubyumva kandi byakomeje kurya benshi mu matwi, tuzakomeza gusaba impinduka mu buryo imibanire mpuzamahanga ikorwamo.”

Jean Claude Ntezimana

Sunday, 12 October 2014

Kubaka ubushobozi bw’umwana w’umukobwa uba wubatse ejo heza

Kubaka ubushobozi bw’umwana w’umukobwa uba wubatse ejo heza
    
   
Ubusinzi bugaragara mu miryango imwe n’imwe , gucana inyuma kw’abashakanye, gutwara inda zitateganijwe kw’abakobwa b’abangavu akenshi kubera uburere buke bahabwa n’ababyeyi , ubukene n’ibindi ,nibyo bigaragara nk’ imbogamizi ku ikwiterambere ry’abana byumwihariko b’abakobwa.
Ibi ni bimwe mu byashimangiwe n’abaturage b’akarere ka Musanze, intara y’amajyaruguru ,ubwo hatangizwaga gahunda y’ icyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’umubyeyi  n’ubw’umwana,  ndetse no gushimangira  gahunda ya 12+ (Tuelve Plus Program), yo kubaka ubushobozi  bw’abana b’abakobwa; icyumweru kigomba gutangira  kuva  kuwa 7 kugera kuwa 9 ukwakira 2014.

Nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winiflide , umubare munini w’abaturage batuye aka karere  barabarirwa mu rubyiruko ,dore ko  abagera kuri 80% bari munsi y’imyaka 35.

Niyibizi Justin, ni urubyiruko akaba n’umunyeshuri  muri G.S. MUSANZE I, umwaka wa kabiri , avuga ko ababyeyi batita cyane ku burere bw’abana babo , cyane nk’abakobwa, hanyuma bagakura bigira mu basore hirya no hino.

Ati “akenshi usanga ababyeyi bategera abana (b’abakobwa )ngo babe babaganiriza ku buzima bw’imyororokere  ,cyangwa se ugasanga nk’ imiryango iba ikennye bityo bigatuma bajya cyane mu bintu by’abasore”

Felicien , Umuyobozi w’ikigo ndera buzima cya Gasiza, cyo muri Musanze nawe ashimangira ko ababyeyi batita ku bana babo, akenshi kubera  imirimo bakora cyangwa se n’amakimbirane aba mu miryango, dore ko nk’abajyanama b’ ubuzima bajya kenshi mu ngo ariko ntibababone.

Ati “urugero nkange,nturiye umupaka wa Uganda, ababyeyi benshi bakorera I bugande bakaza hashize igihe kirekire  ntibaboneke mu ngo zabo,ugasanga nk’ umugabo yahariye urugo umugore gusa kandi nawe adashoboye… , cyangwa akenshi ugasanga mu ngo umugore n’umugabo barahora mu manza, umugore cyangwa umugabo yataye urugo ,bityo ugasanga abana babuze ubitaho”.
Umwihariko ku bana b’abakobwa.

Gahunda ya 12+ (Twelve Plus program), ni gahunda igenewe abana b’ abakobwa  bari mu kigero cy’imyaka 10 kugera kuri 12, ikaba igamije kubaka ubushobozi bwabo.

Ku nsanganyamatsiko y’uyu munsi “Tubungabunge ubuzima bw’umuryango,dushyigikira gahunda yubaka ubumenyi n’ubumenyingiro bw’umwana w’umukobwa wo mu kigero cy’imyaka 10 kugera kuri 12”, abana bakanguriwe gukomeza kugira umurava no kurangwa n’ indangagaciro.

Iyi gahunda igamije guha umwana w’umukobwa indangagaciro zimushoboza gukemura ibibazo ahura nabyo mu buzima bwe, bahabwa urubuga rwo kuganira ku bijyanye n’ubucuti, amakuru ahagije agenga imyitwarire yabo, kubana n’abandi, kuganira ku buzima bw’ imyororokere, kwirinda ihohoterwa , isuku n’imirire iboneye n’ibindi bigakorwa hifashishijwe abafashamyumvire.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2010 bwerekeye  ubuzima bw’abaturage,bugaragaza ko abagore 475/100.000 bapfaga babyara ,naho abana bari munsi y’imyaka 5, 76/1000 bagapfa .bikaba ari ibyatangajwe n’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Ndimubanzi Patrick.

Impamvu:

-Mu mpamvu zatumaga habaho impfu nyinshi harimo kuba ababyeyi baratinyaga kujya kwipimisha
-Kubyarira imuhira
-Gutinda gufata icyemezo cyo kujya kwa muganga
-Kugira ingaruka z’imirire mibi
-Kunywa imiti ya gakondo
-Gutwara inda umwana akiri muto (cyangwa inda zitateganijwe)
-Gukuramo inda umuntu atabifashijwemo na muganga n’ibindi.

Mu cyumweru cy’ubukangurambaga , hazibandwa ku gukingira abana bari munsi y’imyaka 15 ; gutanga vitamine A  ku bana bafite ku  mezi 6 kugera ku myaka 5; gutanga ibinini bivura inzoka, gutanga inama zo kunoza urubyaro, kwigisha kwirinda malariya, gahunda y’isuku , kwirinda SIDA ,imirire mibi n’ibindi.

Mu gihe gito gishize iyi gahunda itangiye, hari icyo yagejeje ku bana bashima


Uwimbabazi Sala,umwangavu w’imyaka 12, akaba n’umunyeshuli mu kigo cya G.S.Cyabagarura,  ati”mu ihuriro dukora, twiga ku ndangagaciro ziranga abanyarwanda ,gukundana,gukunda igihugu , kugira isuku n’ibindi.”

Mukapasika Pascasie,umu mama ufite abana 2 b’abakobwa yashimye iyi gahunda

Ati”iyi gahunda yaramfashije,yafashije abana bange kwiga nyuma yuko bagiye mu ihuriro”
Iyi gahunda ikorera mu turere twose tw’igihugu, yatangiranye n’abakobwa 12000 (2014),  mu myaka itatu, ikazahugura abana 113,000.
Jean Claude Ntezimana

Tuesday, 11 June 2013

Small business operators want better roads, markets
photo
Aisha Ahobantegeye, a vendor in Biryongo Market, wants the budget to focus on programmes that will boost job-creation. Small business operators like her hope the budget will help create more markets for local productsThe New Times / Triphomus Muyagu
With the 2012/2013 financial year coming to end in less than two months, citizens are full of expectation for better times ahead; they are looking forward to programmes that will improve their lives. Triphomus Muyagu caught up with small business operators and now brings you their suggestions:

Margaret Mbabazi, a mushroom grower in Kayonza

The 2013/2014 budget should focus on improving feeder roads so that rural farmers can access markets, especially in Kigali. It should also ensure that we get fertilisers at subsidised prices to boost agriculture production and increase the base for agricultural exports.

Celestine Kayiranga, a crafts seller in Kimironko Market, Gasabo

This year has been good for me. I got a loan and started a business, thanks to the government programme that promotes access to financial services. I expect the 2013/2014 financial year budget to focus on the production sectors and create avenue for the youth to start enterprises to reduce poverty.

Norbert Ndemezo, a traders in Kimironko, Gasabo

I am expecting the 2013/2014 budget to focus on economic transformation, especially through availing more funding to the agricultural sector. Government programmes in 2013/2014 budget should be more practical.
 
Aisha Ahobantegeye vendors in Biryongo Market, Nyarugenge district

I hope this is the right time the government should do all we have been waiting for. We have complained about hawkers and having a limited market for our goods for long. The  government should address these concerns in the coming budget. It should also provide money for skills’ development, especially in financial management and bookkeeping for small-and-medium business operators. We hope the 2013/2014 budget will help expand markets for goods and open doors for more business people to invest in the country. We want the government to encourage more investors to set up small industries to produce household products locally and stop importing. This way, we will not be taxed highly.

Marie Janet Nabagwira, milk seller in Kimironko, Gasabo 

We are hoping the 2013/2014 budget will provide funds to train unemployed youth on how to start income-generating projects and manage loans, as well as open doors for more investment in the country and create jobs for Rwandans.

Jasphet Safari, carpenter at KORA
Co-operative in Nyarugenge District

The 2012/2013 budget helped us gain capacity, creativity and innovativeness. We were also able to access loans that have boosted our businesses. So, to cement this achievement, the next budget should invest in technical education to enhance hands-on skills, especially for the unemployed youth. It should also allocate money to expand markets for locally-made goods and services.

-----------------------------------

‘New budget should focus on energy, skills devt’

Financial institutions want the forthcoming national budget focus more on rural electrification and programmes that will equip people with financial management skills. 
 

“The next national budget should put emphasis on financial capacity building in the banking sector by conducting more professional financial management trainings. This is because if money is not handled professionally, the result might be catastrophic to the whole economy,” Francis Mworozi, the chief accountant at the Development Bank of Rwanda (BRD), noted in an interview with Business Times.
 

He added that the forthcoming budget must address the issue of investment loans.
 

“Many times people can’t access loans because they have no collateral. The budget should focus on how to address this problem.”
 

“It’s only when people can access loans easily that they can meaningfuly participate in economic development,” Mworozi said.

Peter Rwema, the director of research and development at the Association of Microfinance Institutions of Rwanda, said the 2013/2014 budget should allocate more funds to develop the energy sector. “As micro-finance, our area of operation is mainly rural and, therefore, to extend our financial services to the rural communities, the question of electricity has to be solved first. This will help improve our operations, especially through computerisation,” Rwema said.

He noted that if rural electrification is prioritised, people’s desire to start income-generating activities would multiply.
 

“When people have electricity, they will automatically need financial services so that they can start up business. This is another area where micro-finance institutions would benefit from. These institutions use computers and other software that need electricity. Therefore, investing in the energy sector will make the difference.”


 Jean Claude NTEZIMANA

Thursday, 14 February 2013

Mushikiwabo to UN: Enhance civilian protection

photo
Louise Mushikiwabo,Foreign Affairs minister
Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and Cooperation has urged the United Nations Security Council (UNSC) to invest more energy in the prevention of conflicts for better protection of civilians living in conflict-torn areas.


Civilians in troubled Syria, Sudan, South Sudan, Mali, and the Democratic Republic of Congo, - where the M23 and other rebel groups have displaced thousands - are at serious risk today. Net Photo.
Louise Mushikiwabo made the call during an open debate on the protection of civilians in armed conflict which the UNSC held in New York on Tuesday.

“Rwanda’s core message today is that enhancing the protection of civilians in armed conflict requires action before a conflict starts. The proliferation of non-state armed groups makes civilian protection both more urgent, and harder to achieve,” she said.

For better protection of civilians in armed-conflict areas, the minister emphasised the need to increase investments in professionalising the military and police forces through adequate training.

“Only when the leadership of armed forces shares the international community’s preoccupation with civilian protection will decisive progress be made,” she said.

Rwanda assumed its seat at the UNSC as a non-permanent member in January, replacing South Africa.

The country was subsequently assigned to chair two vital subsidiary organs of the council which are the committee established to enforce sanctions of arms embargo, travel ban, and assets freeze imposed on Libya, as well as an ad hoc working group on prevention of conflicts in Africa.

Mushikiwabo said civilians in troubled Syria, Sudan, South Sudan, Mali, and the Democratic Republic of Congo are at serious risk today and warned the Security Council that it might face new situations of armed conflict in the months and years ahead.

But she pledged Rwanda’s support in peacekeeping efforts in the world, a task she said should be neither costly nor controversial if it were approached with a sense of preventing conflicts before
they happen instead of resorting to last-minute military solutions.

“In line with the lessons we learned rebuilding Rwanda after Genocide, we do not approach peacekeeping as an exclusively military task. We believe that early peace building is critical to the success of these missions, and that adequate resources should be directed to complement uniformed personnel as they fulfill their mandate to protect civilians,” she said.

At the UNSC’s debate on the protection of civilians, Mushikiwabo highlighted some of the cost-effective practices being pioneered by Rwandans, including the introduction of made-in-Rwanda energy-efficient stoves to help the people living in Darfur, Sudan, reduce the risk of brutal attacks and rape that often threaten them when they go deeper in the forests looking for firewood.

Rwanda has also recognised the potential of investing in training female peacekeepers, the minister said, because they are often better able to intervene in specific situations such as fighting gender-based violence and raise awareness to protect  women and children in communities where they serve.

Rwanda, the world’s sixth largest contributor of peacekeepers, maintains military and police peacekeepers across the world, notably, in Sudan, South Sudan, Haiti, Ivory Coast, Guinea Bissau, Sierra Leone and Liberia.

The country has more than 3,200 soldiers in Darfur serving under the African Union-United Nations Hybrid Operation in Darfur (Unamid), and over 850 troops in the United Nations Mission in South Sudan (Unmiss).

Also a leading contributor of female police officers to UN peacekeeping missions, Rwanda maintains about 470 police peacekeepers, including 130 women, in different missions.
The newtimes.co.rw


Jean Claude NTEZIMANA

Thursday, 3 January 2013

Goma: Umubyeyi yabyaye abana barindwi

   

Umubyeyi wabyaye abana barindwi icyarimwe.
 
Umujyi wa Goma muri Kongo watangiranye umwaka wa 2013 inkuru idasanzwe y’umubyeyi wabyaye abana barindwi icyarimwe nkuko tubikesha Kigalitoday.com

Abana bavutse taliki 01/01/2013 mu bitaro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru (Hopital General de Goma). Abakobwa babiri n’abahungu batanu bakaba bavutse bafite amagarama ari hagati ya 400 na 600.
Bamwe mu batuye umujyi wa Goma bavuga ko bigoye guha amahirwe kubaho kw’aba bana kuko kubaho k’umwana ufite amagarama 600 bigoye.
Abana barindwi babyawe n'umubyeyi umwe icyarimwe.
Abana barindwi babyawe n’umubyeyi umwe icyarimwe.
Bamwe mu bashoboye kubona abo bana bavuga ko nyuma yo kuvuka bashobora kuba bitabye Imana nubwo nta makuru avuye mu buyobozi bw’ibitaro arabyemeza.
Umubyeyi wabyaye abana barindwi yari amaze imyaka ine yubatse urugo uru rubyaro rukaba rwari urwa mbere.
Jean Claude NTEZIMANA