Thursday, 2 June 2016

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekanye ikizatuma umwirabura agira agaciro kamukwiriye

Umukuru w’igihug cy’u Rwanda Paul Kagame avuga ko ikizatuma umwirabura wese agira agaciro kandi kamubereye  mu ruhando mpuzamahanga aruko umwirabura we ubwe ahindura imitekerereze ,kandi agaharanira ko agaciro afite atakamburwa.

Asubiza umuntu wari ubajije ikibazo kigira kiti “ Ariko ni hehe kuri uyi si umwirabura ashobora kubaho atekanye? Ni hehe azakura umutuzo? Ni hehe agaciro ke katazashingira ku ibara ry’uruhu rwe?”

Umukuru w’igihugu yasubije ko imyumvire no guharanira agaciro ke nk’umwirabura ari intwaro izatuma yumvikana ku Isi.
Ati “Bigomba kuzahera mu mitekerereze ye, kandi ntiyemeranye n’ibikorwa.”



Ibi bije nyuma yuko  hakunze kugaragara ibibazo by’ubusumbane hagati y’abantu hagendewe ku ruhu cyangwa ibihugu baturukamo ikomeje kuba ingingo yibazwaho na benshi ku Isi, bakemeza ko bidindiza iterambere rya bimwe mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika.

Benshi mu bakuru b’ibihugu ntibemeranya n’uburyo ibihugu bikomeye ku Isi biha agaciro Afurika cyangwa bimwe mu bihugu by’Abarabu.

Urugero ni nka Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip Erdoğan, uri mu ruzinduko rwo kuzenguruka Afurika y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu yavugiye muri Uganda ko Isi idashobora kugendera ku byemezo by’ibihugu bitanu  bikomeye ku Isi gusa, kandi akanama ka Loni gashinzwe umutekano kadashobora gukomeza gutegeka ibyo, ibyo  bihugu bikora n’ibyo bibujijwe.

Yagize ati “Nta munyamuryango uhoraho uva mu bihugu bya Afurika, mu bihugu by’Abayisilamu mu kanama k’umutekano ka Loni, ibi binyuranye n’amahame yose y’ubutabera, nka Turikiya turabyamagana kandi ntidushobora kubyihanganira, ni ko tubyumva kandi byakomeje kurya benshi mu matwi, tuzakomeza gusaba impinduka mu buryo imibanire mpuzamahanga ikorwamo.”

Jean Claude Ntezimana

No comments:

Post a Comment